Rayon Sports inganyije na AS Kigali byongerera APR FC amahirwe yo kwegukana shampiyona
 Ikipe ya Rayon Sports inaniwe gutsinda AS Kigali aho amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe bituma Rayon Sport irushwa amanota atandatu ku rutonde rwa Shampiyona. Uyu mukino wahuje Rayon Sport na As Kigali wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo. Wari umukino wâikirarane cyo ku munsi wa 22 wa shampiyona utarabereye igihe kubera […]
Diamond Platinumz aragaruka mu Rwanda muri Kanama.
Icyamamare mu muziki hano muri Afurika, cyane muri Afurika yâiburasirazuba na Tanzania, agiye kugaruka kuririmbira abanyarwanda tariki ya 17 Kanama. Umujyanama wa Diamond mu bijyanye nâumuziki, Sallam Ahmed yashyize ku rubuga rwe rwa instagram ingengabihe yâibitaramo uyu muhanzi arakora mu minsi iri imbere, harimo iki cyo mu Rwanda kiri ku mwanya wa 6. Ni ibitaramo […]
Ndi umwungeri mwiza!
Muraje rero mutangire kwibaza uko njye umuntu ukomeye nkanjye nubahwa nâabantu bose naba umwungeri, umushumba! Reka reka, sinabishobora pe kandi kwihara ni bibi kuko ngiye kwivugira undi mwungeri ntabasha gufungura nâimishumi yâinkweto ze! Niwe wivugira ati: “Ndi umwungeri mwiza.” Ngaho re, nsanzwe numva iyo bashatse kuvuga umuntu utagira uburere, urangwa nâingeso mbi, umushizi wâisoni, bamugereranya […]
Imbwa zakwifashishwa mu gutahura umurwayi wâIgicuri, Diyabete, Malariya na Kanseri.
Ku wa 28 Werurwe, itsinda ryâabashakashatsi muri Kaminuza ya Rennes mu Bufaransa ryabonye ko imbwa zishobora gutahura umurwayi wâigicuri, bikaba byamufasha kumenya igihe kizamufatira, agasaba ubufasha mbere yâigihe cyangwa akajya ahantu hatekanye. Burya ngo hari impumuro umurwayi wâigicuri agira mu gihe cyâigicuri! Ibi byashobora gupimwa nâimbwa ndetse nâamazuru akoreshwa nâamashanyarazi. Si ibi gusa kandi, ngo […]
Junior Multisystem, icyamamare mu gutunganya umuziki,yakoze impanuka.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Werurwe, Icyamamare mu gutunganya umuziki(producer), Junior Multisystem yagonzwe nâimodoka i Remera, mu mugi wa Kigali. Iyi modoka yamugonze na yo yagonzwe nâimodoka ya gisirikare, Junior wagendaga nâamaguru abigenderamo nkâuko Inyarwanda ibitangaza. Junior yagize ikibazo mu mugongo, ku mutwe, cyane avunika nâukuboko ku buryo byari biteye inkeke ko bari […]
Ihuriro ryâimitwe ya politiki rirateganya gutana nâubukode bumaze kuritwara miliyoni 300
Ihuriro Nyunguranabitekerezo yâImitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda (NFPO) irimo gushakisha inkunga yâamafaranga yo kubaka ibiro byayo biteganyijwe ko bizatwara miliyari 1,7 yâAmanyarwanda. Iri huriro rihuriyemo amashyaka ya politiki agera kuri 11 akorera mu Rwanda, aho ahurira akaganira ku bibazo byihutirwa bibangamiye igihugu igatanga inama ku cyakorwa. Iyi nkuru dukesha The New Times iravuga ko […]
Amahitamo Perezida Kagame yahaye guverinoma ku kibazo cyâumubano na Uganda
Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga, yasobanuye amahitamo atatu Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahaye guverinoma yâu Rwanda mu guhangana nâikibazo cyâumwuka mubi ukomeje gufata intera mu mibanire yâu Rwanda na Uganda mu kiganiro aherutse kugirana nâikinyamakuru Daily Monitor kuwa Kane ushize. â Niba tudashoboye gukorana nkâabavandimwe nâinshuti dushobora guhitamo guhana […]
Uganda: Min. uherutse kurusimbuka afungishijwe ijisho ku itegeko rya Museveni
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâIkoranabuhanga muri Uganda, Idah Nantaba Erios uherutse kurokoka ubwicanyi yemeza ko kuva kuwa Gatanu wâiki cyumweru afungishijwe ijisho iwe mu rugo. Ibaruwa uyu mugore yandikiye abashinzwe iperereza ku byaha byâubwicanyi muri Polisi ya Uganda (CID), Nantaba yavuze ko atagera Kibuli aho ikorera bitewe nâamabwiriza ya Perezida Museveni. Yagize ati â […]
Polisi yâu Rwanda yashyikirijwe ububiko 145 bwâimbunda nto bugezweho
Polisi yâu Rwanda kuri uyu wa 30 Werurwe, yashyikirijwe ububiko bugezweho bwâimbunda nto bugera ku 145.Yabushyikirijwe nâ Umuryango ushinzwe kurwanya Ikwirakwira ryâIntwaro nto nâiziciriritse mu Karere kâAfurika yâIburasirazuba (RECSA). Ubu bubiko buzafasha Polisi ubwikorezi bwazo ndetse no Kuzibika mu buryo bunoze. Ubwo bubiko bugizwe nâamasanduku 105 ndetse nâutubati twâimbunda 40. Ibi bokoresho kabuhariwe mu kubika […]
Burundi: Hatangiye igikorwa cyo gufungura abemerewe imbabazi na perezida
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 29 Werurwe, mu Burundi hatangijwe igikorwa cyo gufungura imfungwa zagiriwe imbabazi na Perezida Nkurunziza ubwo umwaka watangiraga ariko iki cyemezo kikaba cyari kitarashyirwa mu bikorwa. Minisitiri wâubutabera, Aimee Laurentine Kanyana niwe watangije iki gikorwa mu murwa mukuru Gitega, ahahise hafungurwa abantu 140 kuri uwo munsi. Umuvugizi wa minisiteri yâubutabera mu […]
RDC: Abantu 8 baguye mu mirwano hagati yâimitwe yâinyeshyamba itandukanye
Abantu umunani baguye mu mirwano yahuje kuri uyu wa gatanu ushize inyeshyamba za NDC/R ya Guidon, Nyatura, nâundi mutwe wâinyeshyamba uzwi nka APCLS wâuwitwa Janvier Kalairi mu giturage cya Rukonde muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Nkâuko byatangajwe nâigipolisi cya Kitchanga, ngo inyeshyamba za NDC/ RĂ©novĂ©  nizo zagabye igitero mu rukererera ahagana saa kumi nâimwe […]
Amerika yahaye Amb. Gasana icumbi nyuma yo kwanga kugaruka mu Rwanda
Eugene Gasana, wigeze kuba Ambasaderi wâu Rwanda mu Muryango wâAbibumbye (LONI) yahawe uburenganzira bwa burundu bwo kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gasana yahawe ubu burenganzira nyuma yâaho kuva mu 2016 yabagaho nkâimpunzi arinzwe bikomeye na Polisi yâiki gihugu. Umunyamategeko wa Gasana, Wildes Michael yagize ati â Nshimishijwe no guhagararira Bwana Eugene Gasana, wahoze […]
Abagande batatu bafashwe binjiza ibicuruzwa binyuranyije nâamategeko mu Rwanda.
Abagande 3: Nareeba Naboth, wâimyaka 21, Tumwesigye John, wâimyaka 30, Akankwasa Dan, wâimyaka 28, ubu bari mu maboko ya Polisi yâu Rwanda kuva tariki ya 30 Werurwe, aho bakurikiranweho kwinjiza ibicuruzwa ku isoko ryâu Rwanda binyuranyije nâamategeko. Iyi nkuru dukesha The New Times, ivuga ko aba bagande batatu bafashwe kuwa gatandatu mu mudugudu wa Kanyinya, […]
KU MUNSI NKâUYU: Amateka yaranze tariki ya 31 Werurwe
Mbahaye ikaze ku munsi wa 90 wâumwaka wa 2019. Nabateguriye icyegeranyo kuva mu mwaka wâ1880 kugeza mu 2017. Nitwa Tuyizere Jean de Dieu, nishimiye gukomeza kubagezaho iki cyegeranyo, â KU MUNSI NKâUYUâ. Tudatinze rero, muri iyi myaka byagenze bite? 1880: Umugi wa mbere wagezemo umuriro wâamashanyarazi wose. Uyu mugi ni Wabash mu Buhinde. 1889: Umunara […]