Burundi: Hatangiye igikorwa cyo gufungura abemerewe imbabazi na perezida

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 29 Werurwe, mu Burundi hatangijwe igikorwa cyo gufungura imfungwa zagiriwe imbabazi na Perezida Nkurunziza ubwo umwaka watangiraga ariko iki cyemezo kikaba cyari kitarashyirwa mu bikorwa.

Minisitiri w’ubutabera, Aimee Laurentine Kanyana niwe watangije iki gikorwa mu murwa mukuru Gitega, ahahise hafungurwa abantu 140 kuri uwo munsi.

Umuvugizi wa minisiteri y’ubutabera mu kiganiro n’abavugizi b’inzego z’u Burundi yavuze ko izo mfungwa zirimo gutegurwa neza ngo ntizizongere gukora amakosa nibasubira muri sosiyete kandi ko dosiye zabo zirimo kwigwaho ngo harebwe abazarekurwa.

Minisitiri w’ubutabera, Laurentine Kanyana, nawe yasobanuye ko icyatumye icyemezo cya perezida gitinda gushyirwa mu bikorwa ari uko bari barimo gutegura uburyo bwo kugeza iwabo izo mfungwa kuko ngo batafungurirwa mu mihanda.

Nubwo bimeze gutyo, abantu bakurikiranweho ibyaha bikomeye nk’ubwicanyi, no gufata ku ngufu batari mu bemerewe imbabazi z’umukuru w’igihugu. Abashinjwa ibyaha bya politiki n’abafunzwe bashinjwa uruhare mu myigaragambyo yo mu 2015 nabo ntibari mu bemerewe kurekurwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *