Uganda: Uherutse gufatwa ashinjwa gusebya Museveni n’umuhungu we yiswe umukozi w’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Abashakashatsi bakora iperereza ku mwanditsi, Kakwenza Rukirabashaija, ngo bavumbuye ko uwahoze ari umunyamakuru akaba n’umurwanashyaka utavuga rumwe n’ubutegetsi ari umukozi w’u Rwanda.

Kakwenza aherutse gutabwa muri yombi nyuma yo gushinjwa gusebanya ku mbuga nkoranyambaga aho ngo yatukaga Perezida Museveni hamwe n’umuhungu we uyobora ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Umuvugizi wa CID, Charles Twiine, yavuze ko yatawe muri yombi aregwa “gutuka Perezida Museveni n’umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka Muhoozi Kainerugaba abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter.”

Nk’uko umuvugizi wa CID yabitangazaga, ngo Kawenza yari kuregwa hakurikijwe “Itegeko rihana gukoresha mudasobwa nabi kubera gukoresha imvugo ibabaza.”

Uyu musore w’imyaka 33 watawe muri yombi mu cyumweru gishize, yagombaga kugezwa mu rukiko ariko ntiyagaragara, aho umunyamamategeko we, Eron Kiiza, avuga ko polisi yatinye kumugeza mu rukiko afite ibikomere by’iyicarubozo yakorewe.

Kuri uyu wa Kabiri, iraiki 04 Mutarama 2022, Urukiko rwa Kampala rukaba rwategetse ko afungurwa nta yandi mananiza kandi ko polisi igomba gushyira mu bikorwa iki cyemezo.

Kuri ubu rero ngo ikinyamakuru Kampala Post kivuga ko nyuma y’iperereza ryimbitse kuri Kakwenza cyasanze ari umukozi w’u Rwanda ushinzwe kwanduza izina rya Perezida n’umuryango we, ariko nta makuru arambuye cyangwa ibimenyetso biri muri iyi nkuru dukesha Commandonepost, urubuga narwo rwakunze kuvugwaho gukoreshwa na Leta ya Uganda muri poropaganda zo kwibasira u Rwanda.

Nyuma y’aho umubano wa Uganda n’u Rwanda uziyemo igitotsi guhera mu mpera za 2017, ibiganiro byo kuwusubiza mu buryo byagiye bikorwa ariko ntibyagira icyo bitanga, ahubwo ugasanga harifashishwa itangazamakuru mu gusebanya no kwiregura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *