Uganda: Umuherwe wo muri Sudani y’Epfo yaburiye i Kampala

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda kiri mu iperereza ku ibura ry’umuherwe wo muri Sudani y’Epfo utavugwaho rumwe witwa Lawrence Lual Malong Yor Jnr.

Uyu mugabo yari aherutse kugaragara ku mugaragaro muri video yashyize ku mbuga nkoranyambaga aryamye ku buriri buriho miliyoni y’Amadolari yavugaga ko ari impano y’ibikorwa by’ubugiraneza.

Umuvugizi w’igipolisi muri kampala, Luke Oweyesigire yavuze ko igipolisi kiri mu iperereza ku ibura rya Lual.

Yongeyeho ko,”umuvandimwe wa lual yafunguye ikirego kuri station ya polisi ya Kabalagala. Ubu turi kukirebamo.”

Iyi nkuru dukesha Chimpreports iravuga ko bikekwa ko Lual yaba ari mu maboko y’ubutasi bwa gisirikare (CMI) bivugwa ko muri iki cyumweru bwasatse icyumba yararagamo muri hotel iri aha muri kabalagala, muri Kampala.

Umuvugizi w’igisirikare, Brig. Richard karemire we avuga ko igisirikare kidafite uyu mugabo.

Ariko, abo mu muryango we, bavuze ko Lual yafashwe n’abakozi b’inzego z’umutekano.

Ni mu gihe itangazamakuru ryasobanuraga ko Lual ari umuhungu wa Gen Paul Malong, umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Salva Kiir utinyitse wigeze kuyobora Speccial Forces ndetse akaba yaranabaye umugaba mukuru w’ingabo mbere yo kwitandukanya n’ubutegetsi bwa Juba.

Ibi ariko Lual yarabihakanye avuga ko Atari ukuri ahubwo ise ari uwitwa Lual Malong Yor Snr. Ati; Gen malong ntabwo ari data…nta sano dufitanye.”

Amakuru ahari avuga ko Malong arimo gukora umutwe w’inyeshyamba wo kuzahirika Salva Kiir ku butegetsi ariko we arabihakana.

Ni mugihe na none muri Uganda ngo ari gacye cyane ubutegetsi buta muri yombi umuntu warase ko afite akayabo k’amafaranga ku mugaragaro. Hakaba hibazwa icyaba kihishe inyuma y’ibura rya Lual.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *