Uganda: Umukwe wa Museveni yikomye abantu bakomeje impaka z’uzamusimbura

Sangiza iyi nkuru

Umukwe wa Perezida Yoweri Museveni, Odrek Rwabwogo, yatangaje ko abantu bata igihe kandi bagashyigikira impaka zishingiye ku gusimbura Museveni, ari abanzi ba Uganda.

Hashize igihe, hari amakuru avuga ko Rwabwogo nawe ashishikajwe no kuba Perezida wa Uganda uzakurikira nyuma ya Museveni kandi ko yari mu ntambara na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, nawe bivugwa ko ashobora kuzasimbura se.

Muri Nzeri umwaka ushize, amafoto yerekana itsinda ry’urubyiruko rwambaye imipira yanditseho ‘Rwabwogo umushinga wa Perezida’ yazengurutse imbuga nkoranyambaga. Bagaragaje ko Umujyanama mukuru wa Perezida ushinzwe imirimo idasanzwe yateganyaga kuzaba umuyobozi mukuru wa Uganda utaha nk’uko iyi nkuru dukesha Watchdoguganda.com ikomeza ivuga.

Icyakora, abinyujije ku rubuga rwa Twitter ku cyumweru, Rwabwogo washakanye na Patience Museveni, yavuze ko abasunika gahunda z’izungura zidafite akamaro bashobora kubyara ibibazo bishobora guhindura amahirwe y’ishyaka rya NRM.

Yabasabye kubihagarika kuko atari byiza ku iterambere ry’igihugu.

Ati “Buri munsi dukanguka igihugu cyuzuye urusaku hamwe na politiki irimo ubusa n’ibiganiro by’izungura, ni umunsi w’impfabusa w’ibitekerezo bidatanga umusaruro no gushyigikira urubyiruko rwacu. Abatakaza umwanya muri ibyo biganiro bidafite akamaro ndetse no kubishyigikira, ni abanzi b’igihugu cyacu ”.

Ati: “Kimwe n’uturemangingo tw’umuntu, ishyaka rya politiki rihuje ibice nk’umubiri w’umuntu. Niba ukomeje gushotora abayoboke baryo usunika gahunda z’izungura, uzabyara ibintu bishobora guhindura amahirwe y’ishyaka. Ndaburira abantu bakora ibi kugirango babihagarike “.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *