Umusirikare wo mu kirere mu ngabo za Uganda wakoreraga ku ishuri ryo gutwara indege rya Soroti arahigwa bukware nyuma yo kurasa mu baturage abantu batatu bagahita bapfa, ndetse agakomeretsa abandi barindwi agahita acika.
Ibi bikaba byarabaye kuri uyu wa Gatandatu ku isaha ya saa saba za mugitondo ahitwa Shooters Pub ku muhanda wa Jumabhai muri Soroti, ahantu hakunda kuba abantu benshi baba bifatira icyo kunywa.
Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’igipolisi muri Kyoga y’Iburasirazuba, Juma Hassan Nyene, ngo ubu bwicanyi bwaturutse ku bwumvikane bucye bwavutse hagati y’ukekwa n’abasivili nyuma y’uko uwarashe yari amaze kubura ikofi ye ndetse na telephone.
Nk’uko Nyene yakomeje avuga, ngo ukekwakwa yabanje gusaba gusubizwa ibintu bye, ariko arabibura, arangije ava aho ngaho asezeranyije ko ari bugaruke, koko agaruka agarukanye imbunda atangira kurasa mu bantu nk’uko Daily Monitor dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Hassan Nyene yakomeje agira ati: “Turi gukora buri kimwe gishoboka ngo dufate ukekwa kuko turi gushakisha mu ngabo zacu muri aka karere ngo tumenye imbunda iheruka kurasa kugirango ukekwa amenyekane”.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



