Uganda: Umwaka wa 2017 uhitanye ibikomerezwa byinshi byiganjemo abanyepolitiki

Sangiza iyi nkuru

Umwaka wa 2017 ni umwaka utaragendekeye neza igihugu cya uganda nubwo ari ibyabaye n’ahandi hatandukanye mu karere, ku kijyanye no gutakaza abantu bakomeye haba mu bijyanye na politiki ndetse no mu butunzi.
Aba ni bamwe muri abo bantu bagiye batakaza ubuzima muri uyu mwaka dusoza bikamenyekana haba muri Uganda imbere ndetse no hanze yayo bitewe n’uburyo bapfuye, uburyo bari bazwi ndetse n’umumaro bari bafite muri sosiyete ya kiriya gihugu.
AIGP Felix Kaweesi , yari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, yapfuye ku itariki ya 17 Mata 2017, arasirwa mu modoka yarimo hamwe n’abo bari kumwe mu gace yari atuyemo ka Kulambiro mu mujyi wa Kampala, muri metero zitarenze 100 uvuye ku rugo rwe.
Uru rwabaye urupfu rwatunguranye ku batari bacye, igihugu gicika umugongo ndetse n’akarere muri rusange.
Ivan Ssemwanga, yari umwe mu baherwe b’abacuruzi bo muri Uganda, akaba yari afite imitungo ibarirwa mu kayabo k’Amadolari y’Amerika, haba muri Uganda ndetse no muru Repubuloika y’Afurika y’Epfo.
Yapfuye kuwa 25 Gicurasi 2017 nyuma y’iminsi 2 gusa ajyanywe mu bitaro bya Steve Biko Academic Hospital muri Afurika y’Epfo, bikaba bivugwa ko yazize indwara y’umutima.
Ni umwe mu bantu basize amateka aho apfiriye kuko yashyinguranywe amafaranga ndetse n’inzoga zihenze, kugeza na nubu imva ye ikaba itabururwa n’abakurikiyemo ubwo butunzi ariko bagateshwa.
Ssebana Kizito, uyu na we ni umwe mu banyepolitiki bari bakomeye muri Uganda wapfuye muri uyu mwaka.
Yahoze ari perezida w’ishyaka, Democratic Party (DP) ndetse nawe akagira imitungo myinshi cyane muri kiriya gihugu. Yapfuye ku itariki ya 2 Nyakanga uyu mwaka wa 2017.
Yabaye kandi umuyobozi w’umujyi wa Kampala, yabaye umwe mu bagize inama ya Ndejje University, akaba yarazize indwara yo kudatembera kw’amaraso ngo agere no ku bwonko izwi nka Stroke.
Maria Mutagamba, yahoze ari Minisitiri w’ubukerarugendo muri Uganda.
Yishwe n’indwara ya Kanseri afite imyaka 64 muri uyu mwaka wa 2017, apfa amaze ibyumweru 2 gusa ajyanywe kwa muganga.
Uretse umwanya w’ubuminisitiri, yanabaye umudepite mu ngoro y’Inteko ishinga amategeko ya Uganda ahagarariye abagore mu gace ka Rakai.
Issa Kikungwe, na we yapfuye muri uyu mwaka wa 2017. Yabaye umudepite mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda, akaba yari ahagarariye agace ka Kyadondo akaba yari n’umubitsi wa Democratic Party DP.
Keturah Kamugasa, yari umwanditsi ukomeye akaba n’umwe mu banyamigabane b’ikinyamakuru the New Vision, ndetse akaba uhagarariye abanyamakuru ku binyamakuru bye byamamaza ibijyanye n’imideri muri Uganda. Yapfuye afite imyaka 50 gusa nyuma y’ishyingurwa ry’umugabo we.
Peter Busomoke, na we yari umufotozi n’umunyamakuru ukomeye kuri the New Vision. Yishwe n’indwara ya Diyabete ku myaka 67, akaba yaranakoreye ibitangazamakuru bikomeye muri Uganda nka Daily monitor no hanze ya Uganda aho yahagarariye ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa, AFP ndetse na Reuters muri Uganda.
[xyz-ihs snippet=”google”]
Leticia Kikonyogo, yari umuyobozi wungirije w’Ubutabera muri Uganda. Yishwe n’indwara y’umutima muri uyu mwaka afite imyaka 77, yari afite imirimo itandukanye muri kiliziya Gatulika mu gihugu cye no ku mugabane w’Afurika, akaba ari na we mugore wa mbere wagaragaye mu nzego zikomeye z’ubutabera mu 1973 — 1986.
Urupfu rw’abasirikare ba Uganda UPDF muri Somalia
Abasirikare ba UPDF bagera kuri 12 baguye mu gitero cy’abarwanyi ba Al Shabaab muri Somalia mu kwezi kwa 7 uyu mwaka. Abagabye icyo gitero, bigambye bavuga ko bishe abagera kuri 39 bari mu butumwa bw’amahoro, 12 muri bo bakaba bari abo muri Uganda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *