Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bw’ingabo za Uganda zirwanira mu Kirere, butangaza ko bubabajwe n’urupfu rwa mugenzi wabo wirashe mu mutwe agahita apfa.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’uyu mutwe wa gisirikare UPDAF (Uganda Peoples Defence Airforce), bavuga ko uwirashe yitwaga Pte Samuel Lokwi Samuel.

Bati “Ingabo za Uganda zirwanira mu kirere zibabajwe no gutangaza urupfu rwa Pte Samuel Lokwi Samuel wiyishe yirashe isasu mu mutwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Gicurasi 2018 i Katale/Seguku”.

Ikinyamakuru chimpreports gitangaza ko Pte Lokwi yari umwe mu basirikare babaga ku cyicaro gikuru cy’izi ngabo i Entebbe. Icyaba cyamuteye kwiyahura kikaba kiratamenyekana

Nk’uko Ishami rya Loni rishinzwe ubuzima ryabigaragaje mu 2014, Uganda yaje ku mwanya wa 17 ku isi mu kugira abantu benshi bapfa biyahuye, aho abantu 18.67 ku 1000 bapfa biyahuye.

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *