Urubanza rw’Umunyarwanda, Moses Ishimwe, rwagombaga gutangira kuburanishwa kuri uyu wa Mbere rwasubitswe nyuma y’aho umucamanza wagombaga kuruburanisha agiriye mu kiruhuko bikaba biteganyijwe ko ruzasubukurwa kuwa Gatanu, itariki 05 Mata.
Ku itariki 10 Werurwe nibwo Moses Ishimwe Rutare, wari uherutse gushinjwa mu Rukiko rwa Nakawa muri Kampala icyaha cyo kwinjira no kuba muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, yarekuwe by’agateganyo nyuma y’uko yari amaze hafi amezi atatu atawe muri yombi ashinjwa ubutasi, ategekwa ko azasubira mu rukiko kuwa 01 Mata 2019.
Moses Rutare ahakana icyaha ashinjwa cyo kwinjira muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko avuga ko yakoresheje uruhushya rwa East Africa rugaragaza ko yinjiye muri Uganda mu Ukwakira 2018 anyuze ku mupaka wa Kagitumba.
Umwunganizi we mu mategeko, Daniel Walyemera avugana na NTV, yasobanuye ko bari bagiye ku rukiko n’umukiriya we mu rwego rwo kubahiriza ibyo basabwe afungurwa by’agateganyo.
Yagize ati: “ Twaje ku rukiko nyuma y’aho umukiriya wanjye Moses Ishimwe arekuwe by’agateganyo, yari agarutse kubahiriza amabwiriza y’urukiko amusaba kugaragara mu rukiko ku itariki ya 01 Mata. Ariko ubwo twahageraga, twabwiwe ko umucamanza ukuriye ikibazo cyacu ari mu kiruhuko ataza kuboneka .”
Me Daniel Walyemera yakomeje avuga ko babwiwe kuzasubira mu rukiko kuwa Gatanu, itariki 05 Mata kugirango urubanza ruzumvwe.
Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, Rutare yatawe muri yombi kuwa 22 Ukuboza 2018 n’abantu bambaye gisirikare afatiwe ahitwa Bugolobi, aho bivugwa ko yafatiwe hafi y’amarembo y’inyubako ikorerwamo mu buryo bw’ibanga n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu gisirikare cya Uganda ruzwi nka CMI, ariko atazi aho ahagaze nk’uko umwunganizi we yabivuze, ashinjwa kuba intasi y’u Rwanda.
Nyuma yo kubura ibimenyetso, na nyuma yo gufungwa igihe kirekire nta muntu uzi aho afungiye, yaje kugaragazwa mu rukiko ashinjwa kwinjira ku butaka bwa Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.


