Urukiko rw’Ikirenga muri Uganda kuri uyu wa Gatandatu rwanze kwakira ubusabe bw’abanyamategeko bunganira Robert Kyagulanyi alias Bobi Wine wari umukandida w’ishyaka NUP , bwo gutanga ikirego ku byavuye mu matora aheruka.
Abunganira Bobi Wine baturuka muri Wameli and Company Advocates bari bandikiye umwanditsi w’Urukiko rw’Ikirenga bamusaba kubemerera gutanga ikirego kuri uyu wa Gatandatu, itariki 30 Mutarama 2021 kugirango batanguranwa n’iherezo ry’iminsi 15 igenwa n’amategeko utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora yemerewemo gutanga ikirego.
Kuri iki Cyumweru iyi minsi ikazaba irangiye, bisobanuye ko nta kirego ku byavuye mu matora cyakwakirwa nyuma yaho.
Aba banyamategeko bati “Dukora mu izina rya Bwana Kyagulanyi Robert Ssentamu waduhaye amabwiriza tubagezaho ku buryo bukurikira; Umukiriya wacu yadutegetse gutanga icyifuzo ku matora ya perezida yavuzwe haruguru. Nubwo igihe ntarengwa cyo gutanga ari ku wa mbere 1 Gashyantare 2021, twifuje gutanga icyifuzo ku wa gatandatu tariki ya 30 Mutarama 2021 kugeza saa mbiri kugira ngo twirinde ikintu icyo ari cyo cyose cyavuka.”
Umuvugizi w’ubucamanza, Jameson Karemani, yemereye Daily Monitor, dukesha iyi nkuru, ko abanyamategeko ba Kyagulanyi koko bandikiye urukiko basaba gutanga ikirego kuri uyu wa Gatandatu.
Kuwa 16 Mutarama 2021 nibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iyobowe na Simon Byabakama yemeje ko Perezida Museveni usanzwe ku butegetsi kuva mu 1986, ari we watsinze amatora yabaye kuwa 14 Mutarama n’amajwi 58,64%, mu gihe Robert Kyagulanyi uvuga ko yibwe amajwi yagize 34.85%.
Kuwa Kane ushize, itariki 28 Mutarama Byabakama yatangaje imibare ya nyuma y’ibyavuye mu matora avuga ko Museveni yagize 58.38% naho Kyagulanyi akagira 35%.
Kyaguanyi ariko wahise afungirwa iwe kuva amatora yarangira akahamara iminsi 11 ataharenga, yakomeje kwamagana ibyavuye mu matora anashimangira ko afite ibimenyetso bigaragaza ko yibwe ariko azabinyuza mu rukiko.


