Polisi yo mu Karere ka Rukungiri mu gihugu cya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw’umugabo w’imyaka 50 y’amavuko wapfuye yimanitse mu kagozi nyuma yo gufungwa ashinjwa kwivugana uruhinja rw’amezi abiri.
Ibi bikaba byabereye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubabo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Weruwe 2017 nk’uko bitangazwa na Chimpreports dukesha iyi nkuru.
Nyakwigendera,Johnson Muhekyi akaba yari umuturage wo mu gace ka Rutoma mu Karere ka Rukungiri, akaba yatawe muri yombi tariki ya 25 z’uku kwezi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abapolisi basanze yashizemo umwuka ndetse ngo akaba yarabwiye abo bari bafungiye hamwe ko atagomba kwemera guhanirwa icyaha atakoze.
Umuvugizi w’igipolisi cya Uganda mu gace ka Kigezi,Elly Maate akaba yabwiye Chimpreports ko hatangiye iperereze ryimbitse kuri iki kibazo.
Abakeneye ko bwiza.com yazabasura,n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu ibinyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gabriel Habineza/Bwiza.com


