Polisi ya Uganda ikorera mu karere ka Jinja yataye muri yombi umumotari wari urimo gutwara abagenzi abavana Nansana, mu nkengero za Wakiso abajyana mu Karere ka Jinja ku mashilingi 100,000 yambaye impuzankano ya polisi.
Ikintu gitangaje, ibi byabaye nyuma y’icyumweru kituzuye Perezida Museveni atangaje ingamba nshya zo gukumira icyorezo cya Covid-19, zirimo no kubuza moto gutwara abagenzi.
Komanda wa polisi mu Karere ka Jinja, Maurice Niyonzima, yavuze ko uyu mumotari nyuma yo gufatwa n’abapolisi bari bari kuri bariyeri yo ku kiraro cya Jinja yananiwe kwisobanura.
Niyonzima ati “Mu guhatwa ibibazo, yemeye ko atari umupolisi duhita twibanda ku gushaka kumenya aho yakuye impuzankano ya polisi,”
Polisi ivuga ko uyu mumotari wafashwe yitwa Wilbron Baleta, uri mu myaka 30 ubu afungiye kuri Station ya polisi ya Jinja.
Niyonzima, utatangaje amakuru arambuye, yavuze ko ukekwaho icyaha azashinjwa kwiyitirira umurimo adakora, kumena ububiko bwa leta no kutubahiriza amategeko yo kwirinda gukwirakwiza indwara zanduza, nk’uko amabwiriza yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima abiteganya.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


