Amafaranga agenda ku gisirikare cy’ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba yaragabanyutse cyane mu mwaka ushize wa 2016 bitewe ahanini n’uko ingengo y’imari y’igisirikare cya Sudani y’Epfo yagabanyutse kurenza 50% bitewe n’ibibazo bya politiki n’intambara hagati y’abaturage bikomeje kwibasira iki gihugu.
Imibare yatanzwe n’Ikigo Mpuzamahanga ku bushakashatsi mu bijyanye n’amahoro cyo muri Sweden kizwi nka Stockholm International Peace Research Institute (SIPRI), igaragaza ko ibihugu bigize EAC mu mwaka ushize byashoye miliyari 2,5$ ku gisirikare cyabyo, akaba yaramanutse akava kuri miliyari 3,1$ yagiye ku gisirikare cy’ibi bihugu mu mwaka wa 2015 nubwo ibi bihugu byakomeje kugura intwaro zigezweho ari nako bihangana n’iterabwoba.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Amafaranga yagendaga ku gisirikare ku mugabane wa Afurika muri rusange nayo yagabanyutseho 1,3% agera kuri miliyari 37,9$ mu 2016. Uyu akaba ari umwaka wa kabiri ingengo y’imari igenda ku gisirikare muri Afurika igabanyuka nyuma y’uko hari hashize imyaka 12 irushaho kuzamuka.
Ibihugu bya Kenya na Sudani y’Epfo nibyo bikomeje kuza imbere mu karere mu gushora akayabo ku gisirikare. Mu 2016 Kenya yasohoye miliyoni 908$ avuye kuri miliyoni 844$ yashoye mu 2015, mu gihe amafaranga Sudani y’Epfo ishora mu gisirikare yagabanyutse akagera kuri miliyoni 525 avuye kuri miliyari 1,14$ yashoye mu 2015.
Igihugu cya Tanzania nacyo cyagabanyije amafaranga cyashoraga mu gisirikare ava kuri miliyoni 561 mu 2015 agera kuri miliyoni 517$ mu 2016 nk’uko the East African dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Ni mu gihe Uganda yo yongereye amafaranga ishora mu gisirikare akagera kuri miliyoni 398$ avuye kuri miliyoni 389$.
Ku ruhande rw’u Rwanda, amafaranga rushora mu gisirikare yavuye kuri miliyoni 104$ mu 2015 agera kuri miliyoni 106$, naho u Burundi burushaho kongera amafaranga bwashoraga mu gisirikare ava kuri miliyoni 1$ agera kuri miliyoni 65$.
Bivugwa ko igihugu cya Kenya cyaguze intwaro zifite agaciro ka miliyoni 790$ mu Bushinwa bigatuma iki gihugu kiba icya mbere Kenya iguramo intwaro nyuma y’u Burusiya, u Budage, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Espagne, Jordan na Afurika y’Epfo.
Igihugu cya Sudani y’Epfo nubwo ingengo y’imari yacyo ku gisirikare yagabanyutse cyane; kuva kuri miliyari 1,8$ muri 2014/2015 akagera kuri miliyari 1,64 muri 2016/2017, kiracyaza imbere mu karere mu gushora amafaranga menshi ku gisirikare. Mu ngengo y’imari ya 2014/2015, iki gihugu cyari cyateganyije kurekura miliyoni 737,8$ ariko birangira gitanze miliyari 1,08$.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


