Umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Uganda uherutse gutera ikofe ofisiye mukuru muri Polisi, Yorke Alioni Odria, yahamagajwe n’urwego rushinzwe ubugenzacyaha, CID.
Tariki ya 29 Nzeri ubwo mu ngoro y’inteko hari hamaze kubera amatora y’abadepite bazahagararira Uganda mu nteko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, Depite Alioni watsinzwe yateje akavuyo, ahungabanya abari bahari.
Uyu mudepite yagiye hanze, agarukana agasanduku k’itora, asubiramo amagambo ati: “Iyibwa ry’amajwi, iyibwa ry’amajwi, iyibwa ry’amajwi.”
Uko yavugaga aya magambo, ni ko yasatiriye uyu mupolisi witwa Alex Ssenge wari uyoboye abari boherejwe gucunga umutekano w’aya matora, maze amutera ikofe ku gutwi kw’iburyo amuturutse inyuma, abari bahari barahagoboka, baramumukiza.
Ababonye iyi videwo y’uyu mudepite wari warakaye cyane batangiye kumwamaganira ku mbuga nkoranyambaga, basaba inzego zishinzwe ubutabera kumukurikirana ku bwo kubahuka umukozi w’urwego rwa Leta wari mu kazi.
Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga, yasabye inteko ishinga amategeko gukora raporo ku myitwarire Depite Alioni, hanyuma ikanamufatira ibyemezo. Yasobanuye ko niba yari yagize ikibazo ku matora, hari aho yagombaga kukibariza, atabanje gusagararira ofisiye.
CID, nk’uko New Vision yabitangaje, yahamagaje Depite Alioni ku biro bya CID i Kampala kugira ngo atange ibisobanuro ku mpamvu yateye ikofe uyu mupolisi.
Enanga asobanura ko ikofe Ssenge yatewe ryatumye akomereka ugutwi kw’iburyo no ku mutwe iruhande.



