Jeff Bezos wari umuherwe wa mbere ku Isi ubu yaciweho n’Umufaransa, Bernard Arnault nyuma yo guhomba miliyari 13,9 z’amadolari mu munsi umwe.
Umutungo wa Bezos wagabanutse kubera ko igiciro cy’imigabane cya Amazone cyakonkobotse mu cyumweru gishize, kikagabanukaho 7% nyuma y’uko iyi sosiyete itangaje ko izamuka ry’igihembwe cya kabiri ritari riteganijwe.
Iri gabanyuka ry’umutungo wa Bezos ryatumye umuherwe w’Umufaransa, Beranrd Arnault ahita afata umwanya wa mbere. Arnault ayoboye urwunge rw’amasosiyete akomeye rwitwa LMVH, usangamo amasosiyete nka Louis Vuitton, Sephora, Moët & Chandon na Tiffany & Co.
Birasa nkaho icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka ku bukungu ku Isi bigasubiza inyuma isoko ry’ibicuruzwa bihenze, ariko Arnault yazamuye umutungo we ho hafi miliyari 100 z’amadolari mu mwaka wa mbere w’icyorezo nk’uko tubikesha MarketWatch.
Umutungo wa Arnault wabarirwaga muri miliyari 195,8 z’Amadolari kuri uyu wa Mbere, mu gihe uwa Bezos ugeze kuri Miliyari 192,6$.
Bezos yakoze amateka mu 2020 ubwo yabaga umuntu wa mbere wari umaze kuzuza miliyari 200$ nyuma y’aho ikigo cye cya Amazon cyungukiye muri za guma mu rugo zatewe n’icyorezo hirya no hino ku Isi.
Muri rusange, ku Isi harabarirwa abaherwe batunze amamiliyari bagera ku 2,755, 86% bakaba barakize kurusha uko bari bakize mu mwaka ushize aho umutungo wabo uwuhuje ubarirwa muri trillion 5$.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


