Umugabo wanjye anca inyuma agasambana n’abandi bagore kandi agiye guhabwa ubupasiteri vuba- NKORE IKI?

Sangiza iyi nkuru

Nitwa Christine K. ntuye muri Kigali muri Gasabo. Ndifuza inama zanyu kuko ndi mu rugamba rukomeye kandi nkabona rutazanyorohera umunsi ruzaba rwabaye rusange.

Maze imyaka ine nshatse umugabo, twabanye turi abakiristo cyane pe. Umugabo wanjye ari umuvugabutumwa na njye ndirimba muri korali, munyihanganire ntabwo nshaka kuvuga itorero n’aho dutuye neza.

Nyuma yo kubyara umwana wa mbere, nibwo utubazo twagiye tuza mu rugo, umugabo agatangira kumbwira ko mu buriri bitakimeze neza nk’uko byari bisanzwe mbere. Birumvikana iyo umaze kubyara, wonsa hari ibitagenda mu mubiri, no mu buriri cyane ku bagore bamwe, ubwo abazubatse murabyumva neza.

Koko icyo yanshinzaga bwari ububobere buke icyo gihe nagiraga mu gihe cy’akabariro, ariko ubu bwaragarutse ariko n’ubundi bihurirana n’uko yafashe gahunda yo kuzajya anca inyuma. Namufashe inshuro zirenze eshatu, kandi akabikora yitwaje ivugabutumwa, ntako ntagize ngo mugirire ibanga pe.

Yaba na mama tuganira byinshi, ntabwo nigeze mubwira ko umugabo wanjye anca inyuma pe. Mbese nabaye nk’intabwa, ibyo mu buriri rwose nsa nkaho ntakitabwaho, ariko kuko ntigeze nasambana nkiri mu bukumi, ndabyakira kandi nkarushaho kwizera Imana ko izageraho ikamuhindura, akongera kumfata nk’umugore we.

Mu itorero bamwemera kubi kuko yarize kandi inyuma agaragaza ko akiranutse, arigisha benshi bagafashwa, ariko ntabwo iyo ngeso ye izwi. Ubu harimo gutegurwa umuhango wo kuzamwimika mu kwezi kwa munani nk’umushumba mu itorero, ibi rero birampangayikishije cyane.

Nabuze n’icyo nakora, kuko niyumvisha ko namara kuba umushumba, aribwo azaba abonye akanya ko kubonana n’abagore n’abakobwa benshi bazaba bamugezaho ibibazo bitandukanye.

Nkumva ko aribwo noneho azarushaho gusambana cyane, ni ukuri iyi ngeso mbona atayicikaho, ahubwo irushaho kwiyongera. Nabuze n’uwamurondora wenda ngo amubwire ati reka ubusambanyi. Buri kanya aba arimo kwitaba telephone z’abakobwa n’abagore, yakira na message kuri watsapp nagira amahirwe yo kuzisoma nkasanga nta gukiranuka kurimo.

Ubwo namufataga ku nshuro ya kabiri, yansabye imbabazi ambwira ko atazongera. Aho kubireka yagiye kubikorera kure nabwo ndabimenya, muha ibimenyetso byose nabwo arabyemera.

Nkore iki bakunzi ba bwiza.com, ese mbivuge mu itorero umuhango uhagarikwe, ese muhunge arusigaremo wenyine n’ubundi ibyo kwimikwa bihagarare, mbese nabuze icyo nakora kuko na njye n’ubwo ntajya muca inyuma ariko na njye mfite umubiri, mu gihe we yacyuye abandi bagore, arambabaza cyane. Ariko ubwo muzi kurarana n’umugabo utakwitayeho kandi ejo ukamufata asambana n’abandi bagore. Mungire inama, murakoze!

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *