Umugabo wo muri Nigeria utamenyekanye amazina yibasiye umukunzi we aramuzambya nyuma yo gusanga muri telefoni ye hari undi mugabo yanditse kuri nimero ye ngo ” My Love” bivuze ngo rukundo rwanjye. Uyu mugabo yarushijeho kurya karungu ubwo yasangaga kuri nimero ye iri muri telefoni y’umukunzi we, yaramwise ”Big Head” bivuze ngo ‘ Gitwe kinini’ Cyangwa ”intumva”. Umukobwa we avuga ko uwo yise ”rukundo rwanye” ari musaza we gusa uyu mugabo yanze kubyizera. Avuga ko iyo telefoni yari yayiguriye umukobwa mu minsi ine yari ishize. Ibi byatumye ayikubita hasi, ihinduka ubushingwe. Videwo: https://www.instagram.com/tv/CMqxKFDj41j/?utm_source=ig_embed Aba bombi bari muri ayo mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ntiaharamenyekana amazina yabo.


