Umusore w’imyaka 30 w’Umugande ukomoka mu Karere ka Hoima yongeye gukora ikindi gisasu cya missile nyuma yo kubuzwa ubu bukorikori bwe mu myaka ishize. Anatoli Kiiza utuye mu mudugudu wa Kiryangobe akaba yakoze igisasu avuga ko igisigaye ari ukukigerageza guverinoma nitanga uburenganzira.
Uyu musore yabwiye ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru ko yashoye miliyoni 10 z’amashilingi mu gukora iki gisasu cye, avuga ko yifuza ko perezida Museveni ari we wazakirasa bwa mbere.
Asobanura ubuvumbuzi bwe nyuma y’amezi menshi y’akazi gakomeye, Kiiza avuga ko yasabye guverinoma kuzana impuguke zayo yizera ngo zisuzume iki gisasu mbere yo kubitesha agaciro. Yasobanuye ko missile yakoze yise SAM ifite ubushobozi bwo kuraswa mu birometero bisaga 700 (450 Miles).
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kiiza yabanje kugerageza gukora ikintu gisa nka missile muri Kamena 2012, ariko igipolisi kimuta muri yombi kimusanze aho yakoreraga muri Hoima. Nyuma yo guhatwa ibibazo, yararekuwe ataburanishijwe. Akaba yarabwiye itangazamakuru ko usibye kuba amaze gutabwa muri yombi 7 kuva mu 2012, atigeze areka inzozi ze zo kuzacura igisasu.
Kiiza avuga ko yakoze ubushakashatsi kuri internet akiga uko ibisasu bya missile bicurwa mu bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bushinwa na Koreya ya Ruguru. Arateganya rero kwandikira ubuyobozi bwa Hoima bukamufasha kubonana n’abandi bayobozi bamuhuza na perezida Museveni, gusa umuyobozi wa Hoima, Isaac Kawooya avuga ko atamuzi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com




