Ubushinjacyaha bwa Uganda bwafashe icyemezo cyo guhagarika ikirego bwashinje Alex Twinomugisha wari umaze imyaka 22 muri gereza ataratangira kuburanishwa, ahita afungurwa.
Twinomugisha wari umusirikare ukiri muto (kadogo) yatawe muri yombi tariki ya 19 Ukwakira 1999, akurikiranweho icyaha cyo kwicira igikomangoma cya Tooro, Happy Kijanangoma mu gace ka Makerere.
Yajyanywe muri gereza ya Luzira, nyuma y’igihe gito agezwa mu rukiko, amenyeshwa gusa icyaha yashinjwaga.
Yakomeje gufungirwa muri iyi gereza, nta kuburanishwa kugeza ubwo mu minsi mike ishize yagejeje ubujurire mu rukiko Rukuru rwa Kampala, urugereko ruburanisha imanza za gisivile, asaba ko rumufunguza nta cyitaweho, bitewe n’igihe amaze ataburanishwa.
Ubushinjacyaha bushingiye kuri ubu bujurire, nabwo bwahise busaba urukiko guhagarika iki kirego bwashinjaga Twinomugisha. Bwabitangaje kuri uyu wa 24 Gashyantare 2022 buti: “Turamenyesha urukiko ko Umushinjacyaha Mukuru yafashe icyemezo cyo guhagarika ikirego kuri Alex Twinomugisha cyo kwica.”
Nk’uko Nile Post yabitangaje, Perezida w’Urukiko Rukuru, Dr Douglas Singiza yahise ategeka ko Twinomugisha afungurwa, ashingiye ku busabe bw’Ubushinjacyaha. Ati: “Ubushinjacyaha bwafashe icyemezo cyo guhagarika ikirego ku ushinjwa, ku bw’iyi mpamvu, urukiko rutegetse ko afungurwa.”
Twinomugisha yishimiye ko yafunguwe, umunyamategeko we Me Geoffrey Turyamusiima yemeza ko barasaba urukiko indishyi kubera ko umukiriya we yamaze iki gihe cyose muri gereza, ataraburanishwa.


