Umugore wa Bob Wine nawe agiye kwinjira muri politiki

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bob Wine ari we Barbie Kyagulanyi Itungo arateganya kwinjira muri politiki mu mwaka wa 2021.

Uyu mugore basigaye bita ‘First lady’ n’intwari bitewe n’uburyo akomeje kwitwara mu bibazo by’ifungwa n’iyicarubozo byakorewe umugabo we, arateganya kuziyamanaza mu matora rusange azaba mu gihugu cya Uganda mu myaka itatu iri imbere.

Umwe mu nshuti za hafi z’uyu mugore utifuje ko amazina ye atangazwa, yatangarije ikinyamakuru Ugblizz dukesha iyi nkuru ko aziyamamaza aya matora naramuka abayeho.

Biravugwako Barbie ashibora kuziyamamariza kuba umudepite w’agace kitwa Kyadondo y’iburasirazuba nk’uko n’umugabo we yagahagarariye kuva muri Nyakanga umwaka wa 2017

Barbie Kyagulanyi ari kumwe n’umugabo we, Bob Wine

Barbie Kyagulanyi akomeje gufatwa nk’umugore w’icyitegererezo muri ibi bihe umugabo we Bob Wine ari kunyura muri byinshi birimo gufungwa,gukorerwa iyicarubozo.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko iki ari igihe cyo gusuzuma neza ubumuntu bwe. Benshi  bakomeje kumusaba ko yakwitwa ‘First Lady’ abandi bakamugereranya na Winnie Mandela, umugore wa Nelson Mandera Madiba bitewe n’uburyo atacitse integer muri ibi bihe bikomeye umuryango we uhanganye nabyo.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *