Umugore wari mu rugendo yafashwe yahishe umwana mu isakoshi

Sangiza iyi nkuru

Umugore wari mu rugendo ava Istanbul muri Turukiya igana I Paris yafashwe yahishe umwana mu isakoshi nk’uko byatangajwe na societe y’indege y’abafaransa ya Air France.
Iyi societe ivuga ko uwo mwana wafashe indege atarishye itike bamusanze muri iyo ndege mu ijoro ryo kuwa mbere.

indege 2
Abagenzi bari kumwe nawe mu ndege

Ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP bivuga ko usanzwe aba mu Bufaransa yari akuye umwana muri Haiti ashaka kumugira uwe.

Uyu mugore yafashwe ubwo yari amaze gufata indi ndege iva Istanbul igana i Paris afite uwo mwana. Byabaye ngombwa ko agura indi tike naho umwana ahota amuhisha mu ishakoshi nk’uko AFP ibivuga.

indege 1
Indege yarimo ya Air France

Amaze kugera mu ndege, yahise ashyira uwo mwana hagati y’amaguru ye, ahita amworosa n’uburingiti. Uwo mwana w’umukobwa yashatse kwituma ahita abonwa n’abandi bari muri iyo ndege.
AFP ntitanga imyaka uwo mwana yari afite ariko ivuga ko hari abayitangarije ko uwo mwana yaba yari afite imyaka ine mu gihe abandi bayibwiye ko yari afite umwaka umwe cyangwa ibiri.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *