Mu gace ka Bepanda, kari mu mujyi wa Douala muri Cameroun, hafashwe umugore wari ugiye kugurisha umwana we w’amezi atatu nyuma yo kunananirwa kubarere ari babiri yabyaranye n’abagabo batandukanye.
Nyuma yo kubona ko atabashije kubarera ari babiri, ngo yari yafashe icyemezo cyo kugurisha umuto w’amezi atatu, agasigara arera mukuru we w’imyaka itatu. Uyu mwana yari agiye kumugurisha miliyoni 11 z’ama-CFA, ariko na none ngo yumva ko ashobora no kwakira miliyoni 10 ariko atazijya munsi.
Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Cameroun, bitangaza ko uyu mugore yazegurutse mu mujyi agaragaza umwana avuga ko ari ku isoko (Bébé à vendre) ku bw’ibyago polisi imuta muri yombi atarabona umuguzi.
Uyu mugore utatangajwe amazina, yajyanwe kuri sitasiyo ya polisi ndetse ngo anakorerwa dosiye mu gihe ashinjwa kutagira umutima wa kimuntu, ku bw’umugambi yari afite wo kugurisha umwana we w’umuziranenge.


