Umugore yarumwe n’inzoka apfana n’umwana yari atwite

Sangiza iyi nkuru

Umugore utatangajwe amazina w’imyaka 27 y’amavuko, wari utwite, yarumwe n’inzoka ahita apfana n’umwana yari atwite.
Uyu mugore watemberaga mu busitani bukikije inzu babagamo y’umuryango ku wa mbere tariki ya 5 Gashyantare 2018, mu gace ka Meekatharra muri Australia, yarumwe n’inzoka, ubumara bumwinjira mu mubiri, bimuviramo gupfa.
Ikinyamakuru ABC News, gitangaza ko uyu mugore w’imyaka 27 yari afite inda y’ibyumweru 31, akimara kurumwa n’inzoka, yajyanwe kuvurirwa mu bitaro (Meekatharra Hospital ), nyuma y’igihe gito ashiramo umwuka.
Polisi muri aka gace, itangaza ko uyu mugore atigeze ahita atangaza ko yarumwe n’inzoka, ko yagejejwe kwa muganga, ubumara bwarangije kumukwira mu mubiri, nta garuriro ry’ubuzima agifite.
Dr Timothy Jackson ukora mu kigo cyo muri Australia gikora ubushakashatsi ku nyamaswa z’ibikururanda, avuga ko ko ubumara bw’inzoka byoroshye kwirukankira mu maraso, ko byoroshye ku muntu kuba yahita ahitanwa n’ubwo bumara kurusha uko inzoka yaruma indi nyamaswa.
Kanda Subscribe ujye ubona Video zigezweho 

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *