Muri Leta ya Michigan muri Amerika, umugore wari wafashwe na polisi yatorotse mu buryo butangaje, anyuze mu idirishya ry’imodoka ya polisi.
Uyu mugore yari yafashwe azira kurenga ku mategeko y’ifungurwa ry’agateganyo. Nyuma yo kumufata, polisi yamushyize mu modoka nyuma yo kumwambika amapingu.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mugore asohoka mu idirishya ry’igice cyari gifunguye, nubwo yari aboshye amaboko inyuma, hanyuma ariruka arigendera polisi itarabimenya.
Abapolisi baje kubimenya hashize akanya, batangira kumushakisha byihuse, ariko kugeza ubu ntarafatwa.
Polisi ivuga ko ashobora no kuba yaragize uruhare mu gushaka kwinjira mu nzu y’umuturage nyuma gato yo gutoroka.
Uyu mugore aracyashakishwa kandi ashobora kongererwa ibyaha birimo gutoroka ubutegetsi bwa polisi n’ibindi byaha bikomeye.



