Umwana w’umuhungu witwa Kambou Sie ukomoka mu gihugu cya Cote d’Ivoire yafashwe n’uburwayi budasanzwe bwo kubyimb aisura bituma na nyina umubyara amwihakana ndetse aranamuta, nyuma abonye abagiraneza bamufasha aramugarukira.

Uyu mwana w’umuhungu avuga ko ubu burwayi bwe bwo kuzana ibintu bias n’ibibyimba mu isura ku buryo itagaragara byatangiye gukaza umurego ubwo yari afite imyaka 10.

Mu myaka 11, nyina yahisemo kumuta wenyine ndetse aragenda aburirwa irengero asigara wenyine.

Gusa ngo yari afite se ariko utishoboye ku buryo hari ikintu yamufasha.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nyuma y’imyaka 6 nyina amutaye, uyu mwana yaje kubona abagira neza bamuvuza kugeza ubwo yari atangiye gusa n’ubyimbuka ndetse n’ijisho rimwe ritangira kureba kuko mbere amaso yose yari yararengeranye atanagaraga.

Uyu mwana afite ikibazo cy’uburyo yakwakira nyina akamubabarira kandi yaramutereranye mu myaka 6 yose yaramusize arwaye nta nundi wo kumwitaho ubu akaba yujuje imyaka 17 kandi yaramutaye afite 11.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com


