Umuhanda Goma-Sake wafunzwe n’abigaragambya bariye karungu kubera umusirikare

Sangiza iyi nkuru

Mu gace ka Mugunga ko mu Mujyi wa Goma, kuri uyu wa Kabiri haramukiye impagarara nyuma y’aho umusirikare wa FARDC arashe umusore w’impunzi wahunze ava i Sake, ubwo twandikaga iyi nkuru umuhanda Sake-Goma ukaba wari wafunzwe n’abigaragambya.

Amakuru aturuka aha aravuga ko abigaragambya bariye karungu babashije gufata abasirikare babiri nyuma y’ubwicanyi bwabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, itariki 4 Werurwe saa mbiri z’ijoro.

« Umwe mu bigaragambya yagize ati «  Abasirikare batamenyekanye ukundi barashe begereye uwavuye mu bye, umugore we yari yaburiwe irengero ariko amaze kuboneka muri iki gitondo,  »

Uyu yakomeje agira ati «  Twabashije gufata abasirikare babiri kandi kuri ubu bari mu maboko y’abigaragambya banafunze umuhanda Goma-Sake, nta gutambuka ubungubu.  »

Aba bakomeje basaba guverinoma kubitaho kuko bitabaye ibyo n’umutekano mucye uhari bazahapfira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *