Umuhanzi Beka Flavour yavuze ikibazo gihari ku kuba Dream Boyz yariganye indirimbo ye

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Beka Flavour yatangaje ko kuba Itsinda rya Dream Boyz ryariganye indirimbo ye atari ibintu bibi ahubwo ko ikibazo ari uko batigeze bamumenyesha hakiri kare.

Mu kiganiro na Bongo5 TV, uyu muhanzi avuga ko ibyabaye ari ikimenyetso cy’uko umuziki we wamenyekanye gusa ngo Dream Boyz yakoze ikosa ryo kutamumenyesha hakiri kare.

Yagize ati” Mbere na mbere si bibi gusa ikosa bakoze ni uko batigeze bamenyesha kare. Urabona bakoze copy paste,uretse kuba bararirimbye mu Kinyarwanda”

Beka Flavour yavuze ko kugeza ubu yamaze kuvugana n’itsinda rya Dream Boyz kuri iyi ngingo.

“ Kugeza ubu namaze kuvugana nabo ndetse bavuganye n’abayobozi banjye,ubu nta kibazo. Bambwiye ko banshakishije mbere yo gushyira hanze iriya ndirimbo bakambura. Bambwiye ko bakunda umuziki wanjye.Kugeza ubu ntiturafata umwanzuro. Nanone ibi bigaragaza ko umuziki wanjye wageze kure”

Ibi ni nyuma yaho abaturage bakurikiranira hafi umuziki wa Tanzaniya banenze bikomeye itsinda rya Dream Boyz ryo mu Rwanda bavuga ko ryiganye indirimbo y’umuhanzi Beka Flavour yitwa ‘Sikinai maze bagakora indi bise ‘ Romeo and Juliet’.

Babinyujije ku rubuga rwa You Tube, benshi mu bagiye batanga ibitekerezo bavuze ko ibyo Dream Boyz yakoze  nta bupfura burimo kandi ko bisubiza  inyuma umuziki wo mu Rwanda.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *