Abantu benshi bashobora kwibaza niba koko byashoboka ko uyu muhanzi wabiciye bigacika guhera mu myaka yashize mu gihugu cya Uganda, Desire Luzinda ashobora kuva mu muziki akajya kugarukira Imana mu rusengero.
Biragoye kandi kwiyibagiza amafoto yāurukozasoni uyu muhanzikazi yagiye ashyira ahagaragara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga yambaye ubusa guhera muri za 2014.
Ā
Mu kiganiro uyu muhanzikazi uzwiho kuririmba neza no kuba ateye neza cyane ko atanakunze kubihisha aherutse kugirana āimwe mu maradio yo mu gihugu cyaa Uganda, uyu muhanzikazi yatangaje ku uyu mwaka wa 2017 yawutangiranye ububyutse budasanzwe ndetse no kuba yumva ari mu mavuta yo gukorera Imana.

Yagize atiāndabizi neza abantu benshi bazatungurwa nāicyemezo cyanjye. Ndi umugore ukunda gukora udushya. Niyo mpamvu uyu mwaka utagomba kumera nkāindi yawubanjirije. Nizeye ko ibitangaza bizagaragara kuko kugeza ubu ubuzima bwanjye namaze kubuharira uwiteka.ā
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi yabitangaje nyuma yāuko aherutse no gushyira ahagaragara indirimbo ihimbaza Imana yiswe Wamukisa akaba yarayiririmbanye nāundi mugore umwe gusa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


