Umuhanzi wo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, Fally Ipupa N’Simba yahuye na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, baganira ku kibazo cy’umutekano muke mu gihugu cyabo, by’umwihariko ku ntambara ya M23 n’igisirikare cya Leta.
Fally yatangarije inkuru yo guhura na Macron ku rubuga rwa Twitter, agira ati: “Nishimiye guhura na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. Ni umwanya ukomeye twaganiriyemo ikibazo gikomeye mu burasirazuba bwa RDC n’umuziki w’Abanyekongo mu rubyiruko.”
Uyu muhanzi ukomeye muri RDC no ku mugabane wa Afurika yari yagiye mu Bufaransa kwitabira by’umwihariko umuhango w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, wo guhemba abakinnyi bitwaye neza mu mwaka ushize.
Mu bagabo, iki gihembo cyahawe umukinnyi wa Paris Saint Germain n’ikipe y’igihugu ya Argentine, Lionel Messi. Mu bagore, cyahawe Alexia Putellas ukinira FC Barcelona n’ikipe ya Espagne. Hatowe kandi n’abakinnyi 11 bagize ikipe y’umwaka, hatangwa n’ibihembo bindi byihariye nk’icy’umuzamu n’umutoza beza.




