Umuhanzi Fyno wo muri Uganda ari mu bitaro nyuma yo kugabwaho igitero n’abantu bacyekwako kuba amabandi bamukubise bikomeye.
Amakuru avuga ko ibi byabereye ku muhanda wa Salaama, aho yari avuye muri sitidiyo agiye mu rugo nyuma y’umunsi w’akazi katoroshye.
Nyamara, ntibyamukundiye kugera mu rugo amahoro, kuko yahohotewe bikomeye, ubu akaba ari mu buriri bw’ibitaro aho ari kwivuza ibikomere n’inkovu zikomeye yatewe n’icyo gitero.
Mu minsi ishize, Fyno yari yatangaje ko yatewe n’agahinda gakabije (depression) no gukoresha ibiyobyabwenge, avuga ko byamusabye kwishyira mu kato kugira ngo abashe kwikura muri icyo kibazo.
Kugeza ubu, nta makuru arambuye aratangazwa ku mabandi yamukubise ndetse n’inzego z’umutekano ntiziragira icyo zitangaza ku iperereza kuri iki kibazo.


