Umuherwe wa mbere muri Afurika yageze ku mwanya wa 72 ku Isi avuye kuri 97 yari ariho muri Mutarama

Sangiza iyi nkuru

Umuherwe Aliko Dangote, Umunyafurika ukize kurusha abandi, yagaragaye nk’umuntu wa 72 ukize kurusha abandi ku Isi ufite umutungo wa miliyari 20.4 z’amadolari, nk’uko urutonde ruheruka rw’abantu bakize cyane ku Isi rwa Bloomberg rubigaragaza.

Dangote, ukomeje kuba umuherwe wa mbere muri Afurika mu myaka 11 ikurikiranye, niwe muherwe w’umunyafurika wenyine ugaragara mu baherwe 100 ba mbere ku rutonde rw’abakire 500 ku Isi. Igice kinini cy’umutungo wa Dangote gikomoka ku migabane ye 86% mu masoko ya Dangote Cement.

Nk’uko ikinyamakuru Bloomberg kibitangaza, ngo uyu muherwe wo muri Nigeria yari ku mwanya wa 97 mu baherwe ku Isi muri Mutarama hamwe n’umutungo wa miliyari 19.2. Muri Gashyantare, Dangote yazamutse ku rutonde agera ku mwanya wa 83 arusha umucuruzi uzwi cyane mu Burusiya akaba na nyiri ikipe y’umupira w’amaguru ya Chelsea, Roman Abramovich, ubu uri ku mwanya wa 132 ku rutonde rw’abakire 500 ku isi.

Muri Werurwe, Aliko Dangote yatangije uruganda rw’ifumbire mvaruganda ruri mu zikomeye ku Isi kuri miliyari 2.5 z’amadolari, rufite ubushobozi bwo gutanga toni miliyoni 3 buri mwaka. Kwiyongera kw’agaciro k’ifumbire mvaruganda ikorwa n’uru ruganda rw’iLagos ni kimwe mu byazamuye umutungo we urenga miliyari 20 z’amadolari, bituma aba umuherwe wa 72 ku Isi.

Kugeza muri Mata 2022, umutungo wa Dangote uri mu cyerekezo cyo gukomeza kuzamuka, aho Bloomberg ivuga ko umutungo we ufite agaciro ka miliyari 20.4$ ushobora kugura toni zisaga 3 za zahabu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *