Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’umujyanama we mu by’umutekano, General Muhoozi Kainerugaba yasabye Leta y’u Bwongereza gukuraho ibihano yafatiye General Kale Kayihura.
Kuri uyu wa 11 Ukuboza 2022 ni bwo Leta y’u Bwongereza yatangaje ko yafatiye ibihano Gen. Kayihura, isobanura ko azira ibikorwa bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu yagizemo uruhare kuva mu 2015 kugeza mu 2018 ubwo yari Umuyobozi Mukuru wa polisi ya Uganda.
Ibikorwa ashinjwa kugiramo uruhare birimo ibyakozwe n’umutwe wa Polisi kabuhariwe wa ‘Flying Squad’, watoteje abari bafungiwe muri kasho ya Nalufenya, ubwo bakorwagaho iperereza ku byaha bakekwagaho.
Gen. Kainerugaba mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa 12 Ukuboza, yatangaje ko u Bwongereza bukwiye gukuraho ibihano bwafatiye Kayihura, kuko ngo ari intwari ya Uganda.
Uyu musirikare yagize ati: “Nk’umwe mu basirikare batinyitse cyane mu bwami bwa Nyakubahwa, ndasaba Leta y’u Bwongereza gukuraho ibihano yafatiye intwari yacu General Kayihura!”
Gen. Kayihura usigaye ari umujyanama mu by’amategeko w’umwuga, yanigeze gukurikiranwa n’ubutabera bwa Uganda, akekwaho kugira uruhare mu ishimutwa ry’abantu. Dosiye ye yahagaritswe bucece nyuma y’aho ab’iwabo mu karere ka Kisoro bamusabiye imbabazi kuri Museveni.


