Umujenerali wo hejuru wo mu Ngabo za Sudani yateye utwatsi agahenge mu kwezi gutagatifu

Sangiza iyi nkuru

Umujenerali wo hejuru wo mu ngabo za Sudani yateye utwatsi agahenge mu kwezi gutagatifu kwa kisilamu kwa Ramadhan m gihe umutwe wa Rapid Support Forces bahanganye nawo ukiri ahantu wigaruriye haba aha gisivili cyangwa aha leta.

Aya magambo yavuzwe na Yasser al-Atta, umuyobozi wungirije w’ingabo, aje nyuma y’uko ingabo zivuze ko zateye imbere muri Omdurman, igice kinini cy’umurwa mukuru, ndetse na nyuma y’ubusabe bw’akanama gashinzwe umutekano ka Loni bwo gutanga agahenge mu kwezi kwa Ramadhan, kwatangiye kuri iki Cyumweru.

Ingabo za Rapid Support Forces (RSF) zo zavuze ko zishimiye umuhamagaro w’ihagarikwa ry’imirwano.

Ibyatangajwe na Atta ku rubuga rwa rwa Telegram ku cyumweru kandi ushingiye ku magambo yavuze ku munsi wabanjirije ibi muri leta ya Kassalabigaragaza ko hashobora kutabaho guhagarika intambara muri Ramadhan keretse RSF yubahirije ibyo yiyemeje muri Gicurasi umwaka ushize mu biganiro byari bihagarikiwe na Arabia Saoudite na Amerika byabereye i Jeddah.

Yavuze kandi ko nta ruhare Mohamed Hamdan Dagalo, umuyobozi wa RSF bakunze kwita Hemedti, cyangwa umuryango we, akwiye kugira muri politiki y’ahazaza ya Sudani cyangwa mu gisirikare cya Sudani.

Mu ijambo rye I Kassala ku barangije amasomo ya gisirikare, Atta yagize ati: “Hariho abavuga ku masezerano y’amahoro muri Ramadhan. Nta gahenge kategetswe ingabo ndetse n’abaturage.”

Intambara hagati y’ingabo za Sudani na RSF yatangiye hagati muri Mata 2023 mu gihe hari amakimbirane ashingiye kuri gahunda yo gusubizaho ubutegetsi bw’abasivili. Izo mpande zombi zafatanyije gukuraho ubutegetsi mu 2021 bitesha agaciro inzibacyuho yabanje nyuma yo guhirika ku butegetsi mu 2019 uwahoze ari perezida, Omar al-Bashir.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *