IMG_1769_1755539468

Umujenerali w’u Burusiya yakomerekeye mu ntambara na Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Umujenerali Mukuru w’u Burusiya, Lt.-Gen. Esedulla Abachev, yakomerekeye bikomeye ku rugamba muri Ukraine, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’u Burusiya.

Guverineri w’intara ya Dagestan, Sergei Melikov, yavuze ko Abachev ari umwe mu basirikare bakuru bari ku isonga kuva intambara yatangira mu 2022.

Yagize ati: “Yagiye akora mu myanya ikomeye y’ubuyobozi, ariko akunda kuba imbere ku mirongo y’imbere, aho haba hakomeye kandi hagenzurwa n’ingorane nyinshi.”

Nta bisobanuro birambuye byatanzwe ku buzima bwe muri iki gihe, uretse ko bivugwa ko ari kuvurirwa mu bitaro bya gisirikare byo ku rwego rwo hejuru.

Ariko amakuru yatanzwe n’urwego rwa Ukraine rushinzwe ubutasi (HUR) avuga ko Abachev yakomeretse cyane mu gitero cyagabwe ku modoka za gisirikare mu karere ka Kursk, mu Burusiya, bikaba byatumye bimwe mu bice by’umubiri we bikurwaho.

Kuva igihe u Burusiya bwatangiye kwataka  Ukraine mu kwezi kwa Gashyantare 2022, nibura abajenerali 12 b’u Burusiya bamaze kugwa ku rugamba.

Umujenerali Abachev yari akuriye ibikorwa bya gisirikare mu rwego rushya rwiswe Leningrad Military District, rwongeye gushyirwaho mu 2024 ku mabwiriza ya Perezida Vladimir Putin.

Uru rwego rufata uduce twose two mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burusiya kugera ku misozi ya Ural. Izina ry’urwo rwego rikomoka ku mazina y’igihe cya Soviet yitaga umujyi wa St. Petersburg Leningrad.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *