screenshot_2023-12-13_094544.png

Kigali imbere mu mijyi 10 muri Afurika ifite ba rwiyemezamirimo benshi bashinga business

Sangiza iyi nkuru

Ku rutonde rw’imijyi 10 yo muri Afurika irimo ba rwiyemezamirimo benshi bari gushinga za business, Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere n’amanota 116,5, ukurikiwe na Abuja (Nigeria) ifite 111.1 na Kampala n’amanota 106.4, mu gihe ku mwanya wa 10 haza Lusaka n’amanota 78.3.

Kugira abashoramari bakomeye ndetse na ba rwiyemezamirimo bashinze business zikora neza ni ngombwa mu bukungu bw’akarere, imibereho myiza n’umuco. Imbaraga zabo zirenga ibyo bageraho mu bukungu, bikagirira akamaro abaturage bose muri rusange mu iterambere ryabo.

Hari imijyi myinshi muri Afurika ifite ba rwiyemezamirimo benshi bashinga ibigo. Iyi mijyi muri rusange yerekana ubuhanga bwa Afurika kuko irimo bamwe mu bahanga bakomeye kandi bari guhanga udushya ku mugabane. Ibi rero bizamura ikibazo cyo gushaka kumenya imijyi ifite umubare munini wa ba rwiyemezamrimo bashinga ibigo byabo.

Raporo yakozwe na Ondeck, umuryango ufasha ubucuruzi kwaguka nkuko tubikesha Business Insider, umujyi urimo ba rwiyemezamirimo benshi bari gushinga ibigo uboneka muri Afurika y’Iburasirazuba. Ariko, utundi turere two ku mugabane natwo turahagarariwe.

screenshot_2023-12-13_094544.png

Uburyo bwakoreshejwe

Kugira ngo igere kuri ibi bisubizo, Ondeck yagaruye umubare rusange w’imyirondoro igaragara kuri LinkedIn mu bihugu 150, imijyi 10 ya mbere ituwe cyane muri ibyo bihugu, buri ntara ya Amerika, imijyi 100 ituwe cyane muri Amerika, buri mujyi w’u Bwongereza, n’imijyi 250 y’Isi iri muri raporo ya Startupblink ya Global Startup 2022.

Kugirango ubone umubare w’abakozi muri buri gace bashinze ubucuruzi, Ondeck yasubiyemo ubushakashatsi kuri LinkedIn ishakisha izina ry’uwashinze akazi. Iyi platform rero ishobora gutondekanya ahantu ukurikije umubare w’abashinga business ku 10,000 bakoresha LinkedIn muri rusange.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *