Umukinnyi w’Umunyekongo wakinaga mu Buholandi yishwe n’abagizi ba nabi

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jody Lukoki, yapfuye kuri uyu wa Mbere, itariki 9 Gicurasi 2022, afite imyaka 29. Amakuru atugeraho avuga ko yatewe icyuma n’itsinda ry’abagizi ba nabi mu ijoro ryo ku cyumweru itariki ya 8 Gicurasi.

Abakinnyi ba FC Twente yo mu Buholandi, ikipe ye ya nyuma, bamenyeshejwe muri iki gitondo urupfu rwe nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Congo.

Jody Lukoki yanyuze muri Academy ya Ajax aho yari afite amasezerano yo kugeza mu 2014. Uyu mukinnyi wakinaga imbere ku ruhande yakinnye imikino 35 mu ikipe nkuru, nyuma yo gutizwa yakiniye PEC Zwolle, Ludogorets (Bulgaria), Malatyaspor (Turkiya) na FC Twente, aho atigeze akina umukino n’umwe kubera imvune.

FC Twente na Lukoki batandukanye muri Gashyantare nyuma y’uko umusore w’imyaka 29 ahamwe n’icyaha cyo gukubita umukunzi we. Ikipe n’umukinnyi bahise batangira ibiganiro kugirango bahagarike amasezerano yagombaga kugeza hagati muri 2023.

Lukoki yakiniye Repubulika ya Demokarasi ya Congo imikino itatu mpuzamahanga.

Yahamagawe bwa mbere muri Leopards muri Werurwe 2015 ubwo yimenyerezaga i Dubai.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *