Umukobwa aragurisha ubusugi bwe kuri miliyoni zisaga 79 z’amanyarwanda

Sangiza iyi nkuru

Umunyamideli wo mu gihugu cya Azerbaijan witwa Mahbuba Mammadzada w’imyaka 23 y’amavuko, yashyize ku isoko ubusugi bwe, akaba asaba ibihumbi 90 by’amadolari ku mugabo waba wifuza kuryamana na we.

Uyu mukobwa uzwi cyane mu mwuga wo kumurika imideli mu gihugu cya Azerbaijan, atangaza ko yifuje kugurisha ubusugi bwe kugirango abashe kubonana amafaranga yo kunezeza nyina ndetse no gukomeza amashuli ye.

Yagize ati “Mama ntacyo atankoreye na kimwe mu buzima, ubu na njye ngombwa kumwitura, nifuza ko abaho anyishimiye”.

Muri video atangazamo iyi mishanga ye yiyise Maria, Mammadzada avuga ko azagurira nyina inzu nziza ndetse uyu mukobwa ngo anakomeze amashuri muri kaminuza ndetse anabashe gutembere hirya no hino ku Isi.

Atangaza ko yifuza ibihumbi 90 by’amadolari y’amaerika ahwanye na 79,500,600 y’amanyarwanda. By’umwihariko akaba anagaragaza icyemezo cya muganga cyemeza ko akiri isugi.

Mahbuba Mammadzada ni umunyamideli w’imyaka 32 y’amavuko, ku rukuta rwe rwa Instagram afite abamukurikira basaga ibihumbi 32.

AMAFOTO ya Mahbuba Mammadzada 

d5

d1 d2 1 d3

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *