img-20240711-wa0003.jpg

Umukongomani uje guca impaka muri Rayon Sports yageze i Kigali

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu Prinsse Junior Elenga Kanga ukomoka muri Congo Brazzaville wakiniraga AS Vita Club yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yageze mu Rwanda.

Uyu rutahizamu yageze mu Rwanda nyuma yo gushimwa n’ikipe ya Rayon Sports iri kwiyubaka bidasanzwe.

Rutahizamu Prinsse Junior Elenga Kanga yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 10 Nyakanga 2024.

Akigera i Kigali yakiriwe n’umwe mu bakozi ba Rayon Sports uzwi nka Wasili.

Ibiganiro by’ibanze byamaze kuba ndetse nta gihindutse arerekanwa vuba aha.

Rutahizamu Prinsse Junior Elenga Kanga yakiniraga Vita Club mu mwaka w’imikino ushize, aho banatwaranye Igikombe cy’Igihugu (coupe du Congo).

Biteganyijwe ko uyu musore araza kugaragara mu myitozo ya Rayon Sports yo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nyakanga 2024 iraza kubera mu nzove. img-20240711-wa0003.jpgimg-20240711-wa0013.jpgimg-20240711-wa0012.jpgimg-20240711-wa0002.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *