95143853-14380363-image-a-2_1739384562098

Umukozi wa FIFA yafunzwe azira gutinga umwana w’imyaka 14

Sangiza iyi nkuru

Jack Edward Coles, umuyobozi w’imishinga muri FIFA Sound, yatawe muri yombi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akekwaho gushaka gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14.

Uyu mugabo w’imyaka 39, ukomoka mu Bwongereza yafashwe n’inzego z’umutekano muri hoteli hafi y’ibiro bya FIFA i Miami, aho bivugwa ko yari agiye guhura n’uwo mwana.

Itangazo FIFA yashyize ahagaragara ryavuze ko izi iby’ifungwa rye, ariko ishimangira ko ari ikibazo cye bwite kidafite aho gihuriye n’akazi yakoraga muri iyo federasiyo. Yahise ahagarikwa ku mirimo ye by’agateganyo.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Miami Herald, Coles yamenyanye n’uwo mwana binyuze kuri Grindr, urubuga ruzwi cyane rw’abashaka abakunzi, muri Gashyantare 2023.

Ubushinjacyaha buvuga ko nyuma yo kumubona kuri urwo rubuga, Coles yamwoherereje ubutumwa kuri Instagram amusaba ko bahurira muri hoteli. Bivugwa ko yahaye uwo mwana inzoga, maze bagakorana imibonano mpuzabitsina.

Nyuma y’igihe gito, Coles yagarutse muri Amerika maze agerageza kongera guhura n’uwo mwana, atazi ko uwo mwana yari asigaye ari gukurikiranwa n’inzego z’umutekano. Yafashwe ubwo yari ategereje uwo mwana muri hoteli.

Coles akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo gushukashuka umwana kugira ngo bagirane imibonano mpuzabitsina, ndetse no gukora ingendo ajya muri Amerika agamije ibikorwa by’ubusambanyi ku mwana utarageza ku myaka y’ubukure.

Ikinyamakuru The Sun cyatangaje ko Coles yabanje gufungirwa muri Gereza ya Leta ya Miami, ariko ubu akaba yararekuwe by’agateganyo.

95143855 14380363 image a 4 173938457046695143757 14380363 Coles was charged with enticement of a minor to engage in sexual a 1 173940681180595143853 14380363 image a 2 1739384562098

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *