Umukuru w’inyeshyamba zishe Maréchal Déby arasaba ko abarwanyi be bafungurwa nk’abandi

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi mukuru w’umutwe witwaje intwaro wa FACT (Front pour l’Alternance et la Concorde au Tchad) wishe uwari Perezida, Maréchal Idris Déby Itno, Mahamat Mahdi Ali yasabye ko abarwanyi be bafungurwa nk’abandi bahawe imbabazi, hatabayemo ivangura.

Ubu butumwa Mahdi yabutanze kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2021 nyuma y’aho Leta ya Tchad itangarije icyemezo kigamije guha imbabazi abari abarwanyi 400 bafunzwe n’abari mu buhungiro, barimo n’imfungwa za politiki.

Gusa iki cyemezo giha amahirwe abakurikiranwe n’ubutabera bwa Tchad bafunzwe n’abahunze mbere y’umwaka w’2019; byumvikana ko abarwanyi ba FACT bishe Maréchal Déby muri uyu mwaka batarimo, ikaba impamvu Mahdi asaba ko na bo bakwibonamo.

Nk’uko tubikesha RFI, Mahdi yagize ati: “Twasanze abarwanyi ba FACT batari mu babonye amahirwe yo gufungurwa. Dutekereza ko iki kimenyetso cyo kubohora igihugu kitakabaye gusa icy’ubwiyunge, ahubwo cyakabaye n’icyo guha umwanya ibiganiro mu buryo bwiza.”

Kubera ko abarwanyi ba FACT batari mu bagomba kurekurwa hashingiwe kuri iri tegeko rishya, Mahdi avuga koi bi bizagira ingaruka ku biganiro by’amahoro byashoboraga kuba hagati y’umutwe ayoboye na Leta.

Abarwanyi ba FACT biciye Maréchal Déby ku rugamba bari bahanganyemo n’ingabo za Tchad tariki ya 20 Mata 2021. Ubu iki gihugu kiyoborwa by’agateganyo n’umuhungu we, Gen. Mahamat Déby.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *