Umuntu ntakwiye kuzira kuvuga ibibazo biri mu gihugu- Ingabire Victoire

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Ingabire Umuhoza Victoire, umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi ritemewe n’amategeko mu Rwanda, yatangaje ko bidakwiriye ko umuntu azira kuba yavuze ibitagenda neza mu gihugu.

Uyu munyapolitiki yabitangaje kuri uyu wa Gatatu kuwa 10 Ugushyingo 2018 ubwo yatangaga ibitekerezo bye ku gihano ubushinjacyaha bwasabiye Diane Rwigara,umunyapolitiki mugenzi we.

Yagize ati”  Ntabwo mbona ko umuntu yazira kuba ari kuvuga ibibazo biri mu gihugu. Iyo tuvuga ibibazo biri mu gihugu nk’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, ntituba dushaka  gusenya igihugu.”

Ingabire Victoire mu kiganiro na VOA,yavuze impamvu hakwiriye kuba abanenga ibitagenda neza.Ati” Tubivuga mu rwego rwo kugira ngo twubake igihugu. Ibitagenda neza tubikosore kugira ngo twubake igihugu cyacu.Twese umugambi dufite ni umwe, ni ukubaka igihugu ku neza ya buri Munyarwanda.”

Uyu munyapolitiki wafunguwe mu minsi ishize atangaje ibi nyuma yaho urukiko rukuru rusabwe n’ubushinjacyaha gufunga imyaka 22  Diane Rwigara ushinjwa kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda no gukoresha impapuro mbimbano ubwo yashakaga imikono y’abantu 600 ngo azabashe guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2017.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Ni ibyaha kugeza ubu Diane Rwigara atemera cyane ko avuga ko birimo impamvu za politiki.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *