Umunya-Somalia wari umuyobozi mukuru muri ADF yivuganwe n’Ingabo za Uganda

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko ingabo zacyo zifatanyije n’iza Congo Kinshasa zishe uwitwa Abu Aden, umunya-Somalia wari umuyobozi mukuru mu mutwe w’iterabwoba wa ADF.

UPDF mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye yavuze ko Abu Aden yiciwe mu mirwano yabereye mu gace ka Malulu, ku bilometero birindwi uvuye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umujyi wa Boga.

Boga ni umujyi uherereye mu ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, intara ingabo za Uganda zifatanyije n’iza FARDC zimazemo amezi akabakaba ane ziri muri operasiyo shujaa ya gisirikare igamije guhiga abarwanyi ba ADF.

UPDF yavuze ko kiriya cyihebe cya ADF cyishwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abatasi yerekana ko ibyihebe byo muri uriya mutwe byari muri kariya gace bibaririza amerekezo yabigeza mu gace kitwa Mitego.

Uretse Abu Aden, Ingabo za Uganda n’iza Congo zaniciye muri iriya mirwano abandi barwanyi batandatu zinafata bimwe mu bikoresho bya gisirikare.

Ku wa 28 Gashyantare ingabo z’ibihugu byombi na bwo zari zishe umunya-Tanzania witwa Nfurusii na we wari mu byihebe bya ADF warasiwe ahitwa Kilunga.

Ku bwa UPDF, kuba hakomeje kwicwa ibyihebe bya ADF bikomoka mu mahanga bishimangira imikoranire uyu mutwe ufitanye n’imitwe y’iterabwoba ya ISIS na Al-Qaeda yo muri Aziya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *