Umunyakenya ushinjwa kwica umukunzi we w’Umunyamerika yatorokeye mu modoka itwara abagenzi

Sangiza iyi nkuru

Umugabo wo muri Kenya witwa Kevin Adam Kinyanjui yatorotse kasho yari afungiwemo i Nairobi muri Kenya nyuma yo kuba yacyekwagaho kwica umukunzi we babanaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Capital fm, itangaza ko yirutse akava kuri sitasiyo ya Polisi ya Muthaiga yinjira mu modoka itwara abagenzi nyuma y’uko yemererwaga kuvugana n’umwunganizi we.

Kengethe asanzwe ashakishwa n’urukiko rwa Massachusetts rwamushinje icyaha cyo kwica umukunzi we w’umunyamerika Margaret Mbitu w’imyaka 41 ku ya 31 Ukwakira 2023 no guta umurambo we mu modoka ku kibuga cy’indege cya Boston aho wasanzwe.

Yafatiwe mu nzu y’imyidagaduro (Night Club) i Nairobi mu ijoro rya tariki 30 z’ukwezi gushize kwa Mutarama hashize amezi atatu ashakishwa, nk’uko polisi ya Kenya yabitangaje.

Komanda wa polisi ya Nairobi Adamson Bungei avuga ko gutoroka kwa Kengethe byabakojeje isoni. Yemeza ko abapolisi bane bari bahari ndetse n’uwo wavuze ko ari umunyamategeko bahise bafungwa.

Abashinjacyaha muri Kenya bari bararegeye urukiko basaba ko uyu mugabo yoherezwa muri Amerika ahakorewe icyaha kuko bamushakaga ngo akurikiranwe.Ni mu gihe uyu mugabo yagombaga kugezwa mu butabera kuri uyu wa gatanu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *