img-20211213-wa0010.jpg

Umunyamakuru MC Hero yambitse impeta umukunzi bamaze imyaka 20 bakundana

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru akaba n’umuyobozi w’ibitaramo n’ibirori (Master of Ceremonies) Gasore Albert wamamaye nka MC Hero yambitse impeta umukunzi we Tuyisingize Ruth bamaze imyaka 20 bakundana.

MC Hero yakoreye ibinyamakuru byandika bitandukanye no ku maradiyo nka Radio Isano ikorera mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, aho yakoraga mu biganiro by’imyidagaduro.

Yambikiye Ruth impeta mu Karere ka Muhanga ahazwi nko ku Kinamba, igikorwa cyahuriranye n’umunsi umukunzi we yavutseho, cyitabirwa n’abanyamakuru batandukanye ndetse n’inshuti zabo.

MC Hero yabwiye Kigali Up ko mu rukundo rwabo banyuze mu ngorane nyinshi ariko ashimangira ko urwa nyarwo ntaho rujya n’ubwo biba bigoranye. Ati: “Urukundo rwacu habayeho kwizerana, nagiye nkorera ahantu hatandukanye ariko umukunzi wanjye kuko yabaga i Muhanga byadusabaga kwizerana, tukavugana buri munsi, tukirinda amagambo kuko twari dufite aho twifuza kugeza urukundo rwacu. Gusa ikiruta byose nuko twizeye Imana kandi nayo ntiyigeze idukoza isoni.”

Akomeza avuga ko yakundiye Tuyisingize Ruth kuba ari umukobwa ukunda Imana kandi witonda. Ati: “Tuyisingize Ruth ni umukobwa ukunda Imana, wakuze ajya gusenga akiri umwana abikuriramo. Agira Umutima mwiza, aranyizera kandi byongeyeho ni na mwiza.”

MC Hero na Ruth bazwi nka GARU (impine ya Gasore na Ruth) bavuga ko batangiye gukundana mu 2001. Barateganya kuzarushinga mu mwaka utaha, bakazatangaza umunsi w’ubukwe bwabo mu gihe cya vuba.

img-20211213-wa0010.jpg
img-20211213-wa0009.jpg
img-20211213-wa0007.jpg
img-20211213-wa0008.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *