Kuri uyu wa Kane, itariki ya 19 Mutarama, umunyamakuru w’Umufaransakazi, Maria Malagardis, yiteguye kwitaba urukiko kubera ikirego cyatanzwe na Aloys Ntiwiragabo w’imyaka 74, umwe mu bakekwaho kuba barateguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, ikintu bivugwa ko kibangamiye abaharanira uburenganzira .
Nk’uko byatangajwe na Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda(CPCR) ikorera mu Bufaransa, imaze imyaka igera kuri mirongo itatu ikurikirana abakekwaho uruhare muri jenoside baba mu Bufaransa, Malagardis, umuyobozi w’ikinyamakuru Liberation, ishami rishinzwe Afurika, ngo yagereranyije Col. Ntiwiragabo, wari ukuriye ubutasi mu gihe cya Jenoside, nk’Umunazi w’umunyafurika, undi amurega icyaha cyo gusebanya.
Uyu munyamakuru w’Umufaransa ni umwanditsi w’igitabo, ‘Sur la piste des tueurs rwandais’, kivuga amateka y’imbaraga za CPCR mu gukurikirana abakoze jenoside bahungiye ubutabera muri iki gihugu cy’u Burayi.
Ntiwiragabo, wateguye inama zateguye ubwicanyi mu gihe cya Jenoside yo mu 1994, ni umwe mu bashinze umutwe wa FDLR ugizwe n’abakoze jenoside ufite icyicaro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, perezida wa CPCR, Alain Gauthier, yongeye kubaza ibibazo byinshi bijyanye n’urubanza rutangaje rwa Ntiwiragabo. Mu bindi, CPCR yibaza: “Ni ubuhe bufasha yashoboye kubona ngo akomeza kuba ku butaka bw’u Bufaransa atazwi?”
Ati: “Niyo mpamvu rero uyu mugabo witwa Aloys Ntiwiragabo, bishoboka ko abigiriwemo inama y’ubwenge y’abamwunganira twamaze guhura mu gihe cy’iburanisha ryabereye i Paris, yatinyutse gutanga ikirego kirega Maria Malagardis, waba waramwise Umunazi w’Umunyafurika’.
Ati: “Twizere ko iki cyemezo gishobora kwihutisha imiburanishirize y’urubanza aregwamo, kuko CPCR yatanze ikirego cya jenoside muri Gashyantare 2022.”
Muri Nyakanga 2020, ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cyerekanye isano iri hagati ya Ntiwiragabo n’umuyoboro washinze imizi w’abahezanguni bahuje ingengabitekerezo ya jenoside. Mbere, nyuma y’amezi arindwi bakora iperereza ryitondewe, abanyamakuru b’Abafaransa basanze Ntiwiragabo, yihishe muri Orléans, umujyi uri mu majyaruguru y’u Bufaransa.
Muri icyo gihe, amakuru yerekanaga ko urwego rwe rw’ibikorwa rwageze ku birometero 240 kugera i Rouen, umurwa mukuru w’akarere ka Normandy gaherereye mu majyaruguru y’u Bufaransa, aho afite uruhare runini mu ihuriro ry’intagondwa zirwanya guverinoma y’u Rwanda.
Ibikorwa bye bya nyuma aho, byayivriyemo Rouen guhabwa izina ry “umurwa mukuru w’u Burayi w’Abajenosideri,” nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru cyo kuri interineti, Le Poulpe.
Mu 1993, Ntiwiragabo yari umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare (G2) n’umuyobozi wungirije w’ingabo zakoze itsembabwoko.
Bivugwa ko yagiye mu nama zitegura itsembabwoko za buri munsi z’abakozi b’icyari igisirikare cy’u Rwanda icyo gihe, ndetse aha sitasiyo ya polisi i Kigali Interahamwe zayikoresheje mu iyicarubozo, mu gufata ku ngufu no kwica Abatutsi.
Muri Nyakanga 1994, igihe abajenosideri benshi bahungiraga muri Zaire (ubu ni DR Congo), Ntiwiragabo yari umwe muri bo. Mu 1996, yimukiye muri Kenya. Nyuma yaho, bivugwa ko yahungiye muri Sudani y’Amajyepfo, kugeza ubwo yaje kugera mu Bufaransa aho akomeje kuba.


