Umunyamakuru wari wafungiwe mu rubanza rwa Idamange yarekuwe

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryacyeye, uyu munyamakuru ukuriye ikinyamakuru kigenga, Umurabyo, Nkusi Uwimana Agne ni bwo yarekuwe, nk’uko umwe mu nshuti ze yabibwiye BBC.

Ku wa kabiri, umucamanza warimo asoma umwanzuro w’urukiko ku rubanza rwa Idamange, yategetse ko Uwimana Agnès afatwa agafungwa.

Umucamanza yamushinje gufata amajwi mu rukiko kandi babibujije, Uwimana we yavugaga ko ayo mabwiriza yatanzwe adahari.

Igitangazamakuru Ukwezi kivuga ko umucamanza yari yabujije abanyamakuru bitabiriye iri somwa ry’umwanzuro gufata amajwi.

Gusa ubwo yawusomaga, yaje kumenya ko Uwimana yafataga amajwi akoresheje telefone ye. Ni bwo yaje gusaba uyu munyamakuru ko akuramo ijambobanga kugira ngo arebe amajwi yafashe, nyuma yo kuyareba arayasiba.

Iki gitangazamakuru kivuga ko umucamanza yahise ahamagara umupolisi kugira ngo afunge uyu munyamakuru, akaba yanatangaje ko azamurega kuko “yakoze ibitemewe”.

Uwimana yigeze kumara imyaka ine y’igifungo muri Gereza Nkuru ya Kigali yitwaga 1930, nyuma yo guhamwa n’urukiko ibyaha birimo kuvutsa igihugu umudendezo no gusebya Umukuru w’Igihugu, afungurwa tariki ya 18 Kamena 2014.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *