Umunyamakuru wo muri Bulgaria, Viktoria Marinova yasanzwe muri pariki iherereye mu majyaruguru y’iki gihugu yishwe nyuma yo gufatwa ku ngufu nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru n’ubushinjacyaha. Umuryango w’Abanyamakuru batagira Umupaka (Reporters Without Borders) basabye abayobozi kurinda bagenzi be b’abanyamakurukazi.
Viktoria Marinova w’imyaka 30 wakoreraga televiziyo yo muri Burgaria yitwa TVN, yasanzwe yapfuye muri pariki y’umujyi wa Ruse, mu majyaruguru ya Bulgaria. Umushinjacyaha, Georgy Georgiev yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wabonetse kuwa Gatandatu, yongeraho ko yagaragaraga nk’uwakubiswe mu mutwe ndetse akanigwa.
Minisitiri w’umutekano, Mladen Marinov yavuze ko iyicwa rye nta kigaragaza ko rifitanye isano n’umwuga we. Ati: “ Ni ugufatwa ku ngufu no kwicwa ”. Yongeyeho ko igipolisi nta makuru gifite y’uko yaba yaterwaga ubwoba.
Iyi nkuru dukesha AFP iravuga ko Viktoria Marinova yari ashinzwe ubuyobozi ndetse akanavuga amakuru kuri TVN. Iyi televiziyo kugeza kuri iki Cyumweru, itariki 07 Ukwakira ntacyo yari yagatangaje ku rupfu rw’umunyamakuru wayo.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Christophe Deloire, Umunyamabanga Mukuru wa Reporters Without Borders, yasabye ko hakorwa iperereza rya nyaryo kandi ryimbitse ngo hamenyekane abakoze ubu bwicanyi. Yakomeje asaba ko abanyamakuru bagiye bakorana na Marinova ku ngingo zakoze ku bantu batandukanye nabo bacungirwa umutekano na polisi mu gihe hategerejwe ibizava mu iperereza.
Uyu muryango uharanira uburenganzira bw’abanyamakuru ukomeza wemeza ko abanyamakuru bakora inkuru zicukumbuye muri Bulgaria bakunze guhura n’ibibazo bitandukanye by’igitutu no guterwa ubwoba ahanini n’abayobozi bakekwaho ruswa cyangwa bafite aho bahuriye n’abanyabyaha.
Urutonde ruherutse gushyirwa hanze na Reporters Without Borders rw’ibihugu bitanga ubwisanzure bw’itangazamakuru, rugaragaza Bulgaria ku mwanya w’111 mu bihugu 180 ari nacyo gihugu cyo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kiza muri iyi myanya.
Viktoria Marinova akaba abaye umunyamakuru wa gatatu wishwe mu gihe cy’umwaka umwe mu Burayi nyuma ya Jan Kuciak wo muri Slovaquia wishwe muri Gashyantare, na Daphné Caruana Galizia wo muri Malte wishwe mu Ukwakira 2017.


