Umunyanijeriya yaciye agahigo ko kugenda ibirometero 103,6 ku igare afite umupira ku mutwe

Sangiza iyi nkuru

Umunyanijeriya Chinedu wo muri Lagos yaciye agahigo ku rwego rw’Isi ko gukora ibirometero 103,6 ku igare yikoreye ku mutwe umupira bakina mu mukino w’umupira w’amaguru.

[ad id=”44145″]

Muri ibi bintu bias nk’ibirori byari byahuruje imbaga, Chinedu yabashije gukora urugendo rurerure ku igare afite umupira ku mutwe nk’uko byatangajwe na AFP.

Mbere yo guca aka gahigo, ngo Chinedu yari yarabanje kwinjira mu gitabo Guiness Book of World Records nyuma yo kuba umugabo wa mbere wakoze urugendo rurerure agenda atera umupira ku mutwe.

Uyu mukinnyi wa ruhago ukina muri Cambodge icyo gihe akaba yaraciye aka gahigo nyuma yo kuva kuri Redemption camp ku muhanda Lagos- Ibadan agana kuri stade ya Surulere iri muri Lagos n’ubundi, mu rugendo rw’ibirometero 48,8 kuwa 06 Werurwe.

capture

[ad id=”44145″]

Agahigo kari kariho kari gafitwe n’umusirikare w’Umuhinde, Naib Singh wagenze urugndo rw’ibirometero 45,64 afite umupira ku mutwe mu 2014.

K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *