Kuri uyu wa Kabiri, imfungwa y’Umunyapalestina, Khader Adnan, yapfiriye muri kasho yo muri Israel nyuma yo kumara amezi hafi atatu (iminsi 87) yiyicisha inzara .
Uyu mugabo w’imyaka 45 yagiye mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara inshuro nyinshi nyuma y’ifatwa rye rya mbere, harimo aho yamaze iminsi 55 mu 2015 yamagana ifungwa rye nta cyaha aregwa.
Muri iki cyumweru gishize, umuganga w’itsinda ry’Abaganga baharanira uburenganzira bwa muntu muri Israel yasuye Adnan muri gereza maze amuburira ko “ashobora gupfa” kandi amusaba ko “yimurirwa mu bitaro byihutirwa”.
Umutwe witwaje intwaro wa kisilamu waburiye Israel ko “izishyura ikiguzi kuri iki cyaha” igihe witaga uyu mugabo wari ufite abana icyenda “umumaritiri” nk’uko yi nkuru ukesha Al Jazeera ivuga.
Igisirikare cya Israel cyavuze ko misile zarashwe ziva mu karere ka Gaza kayobowe na Hamas zaguye ku butaka bwayo ariko ntacyo zangije.


