gteqqjoxgaaruii.jpg

Umunyarwanda yakubiswe n’Umuyapani mu mikino ya Olympic

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024 i Paris mu Bufaransa nibwo hafunguwe imikino Olympic ku mugaragaro aho yitabiriwe n’ibihugu bitandukanye byo ku isi harimo n’u Rwanda.

Ku ikubitiro Umunyarwandakazi Uwihoreye Tufaha ukina umukino wo kurwanisha inkota yaserukiye u Rwanda mu mikino Olempike ya 2024 iri kubera i Paris mu Bufaransa.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Nyakanga Tufaha yinjiye mu kibuga aho yahuraga n’Umuyapanikazi Miho Yoshimura mu mukino wabereye muri Grand Palais.

Umunyarwandakazi Uwihoreye Tufaha wahatanaga mu kurwanisha inkota ya ‘Epée’ yasezerewe mu ijonjora rya mbere atsinzwe n’Umuyapani Miho Yoshimura amanota 15-7.

Nyuma ya Uwihoreye hari buseruke undi munyarwanda ariwe Ingabire Diane ukina umukino wo gusiganwa ku magare uza guhatana asiganwa n’ibihe.

Biteganyijwe ko Ingabire araza gukinira ahitwa Pont Alexandre III i Paris, akaza gutangira gusiganwa saa 2:46 zo kuri uyu wa Gatandatu.

Imikino Olempike ya Paris yatangiye ku wa Gatanu tariki ya 26 Nyakanga 2024 ikaba izarangira ku ya 11 Kanama 2024, ni iya 33 yo mu mpeshyi igiye kuba kuva habaye iya mbere yabereye Athènes mu Bugereki mu 1896.gteqqjoxgaaruii.jpggtevxklxuaaztgv.jpggteqqjfwwaazvcl.jpggteq0szxiaa7mpt.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *